ICYO WAKORA NIBA UKEKA KO INGIMBI CYANGWA UMWANGAVU WAWE AFITE INDWARA YO MU MUTWE
Ibibazo byo mu mutwe bidashakiwe ubufasha bishobora kongera ibyago byo kwiyahura. Abenshi mu ngimbi n’abangavu biyica bakunda kuba bafite indwara y’agahinda gakabije cyangwa Imimerere ihidagurika (Bipolar).
Ababyeyi benshi usanga badaterera iyo niba umwana yavunitse cyangwa yakomeretse ku mubiri. Ariko iyo bigeze ku burwayi bwo mu mutwe, ibimenyetso bishobora kumara amezi cyangwa imyaka bitavuwe. Ababyeyi bamwe na bamwe ntibamenya neza ibimenyetso mpuruza ku burwayi bwo mu mutwe iyo bigeze ku ngimbi n’ abangavu. Abandi usanga bahagayikishjwe n’uko umwana wabo bamwita “Umusazi” igihe basabye ubufasha.

Ariko, kuvuza umwana hakiri kare ni ingenzi mu kuba ingimbi cyangwa umwangavu bamererwa neza. Niba ukeka ko Ingimbi cyangwa umvangavu afite ibibazo byo mu mutwe, Shaka ubufasha ku babizobereye hakiri kare.
Ibyago byo kudasaba ubufasha
Rimwe na rimwe, ababyeyi bagorwa no kumenya neza ko abana babo bafite indwara zo mu mutwe. Ariko kwirengaza icyo kibazo ntibituma gishira. Muby’ukuri, hatabayeho ubuvuzi, ku ubuzima bwo mu mutwe biba ari akaga gakomeye cyane. Niba Hatabayeho kuvurwa neza, ingimbi cyangwa umwangavu ashore kugegeza kwivura we ubwe kandi ubu buryo bwatera ibibazo bikomeye kurusha mbere. Bashobora gutangira gukoresha ibiyobyabwenge, inzoga cyangwa n’ibindi bishora kuba bihagaritse uburibwe bafite, by’ akanya gato. Usanga akenshi ashingira ukwo kwivura byongera ibibazo gusa mu buzima bw’ ingimbi n’abangavu.
Ibibazo byo mu mutwe bidashakiwe ubufasha bishobora kongera ibyago byo kwiyahura. Abenshi mu ngimbi n’abangavu biyica bakunda kuba bafite indwara y’agahinda gakabije cyangwa Imimerere ihidagurika (Bipolar). Kwiyahura biza ari impamvu ya kabiri mu itera impfu nyinshi mu bafite hagati y’imyaka 15 na 19. Abenshi mu biyahura, bagagaza ibimenyetso mpuruza ko bumva nta mumaro cyagwa icyizere cy’ubuzima bafite.
Niba wumva ingimbi cyangwa umwangavu avugo ko ashobora kwigirira nabi cyangwa kwiyica, ntubisuzuge. Ntubifate nk’aho ari “gutera urwenya ngo abantu bamwumve” cyangwa ko “basaze”. Bifate nk’aho ari ikimentso mpuruza cyerekana ko ingimbi cyangwa umwangavu akomerewe.
Impamvu zituma ingimbi n’ abangavu bagira ibibazo by mu mutwe
Ubugimbi n’ubwangavu ni igihe gikunda kugaragaramo ibibazo bitandukanye ku buzima bwo mu mutwe. Abashakshatsi bavuga ko biterwa n’ impamvu nyinshi
Imisemburo
Impinduka mu misemburo no gukura k’ubwonko mu myaka y’ubugimbi n’ubwangavu bishobora kuzana ibyago byo kugira ibibazo byo mu mutwe. Abashakashatsi benshi basobanura iyi ngingo bavuga ko “ibice bigenda byangirika” bisobanuye ko iyo ibice bitandukanye by’ubwonko bidakura ku muvuduko umwe, aha ingimbi cyangwa umwangavu ashobora kugagaza impinduka mu mitekerereze’ imimerere n’imyitwarire.
Hari ibibazo bimwe na bimwe bihererekanywa biva ku babyeyi. Niba umwe cyangwa mu babyeyi bose bafite ikibazo cyo mu mutwe, ingimbi cyangwa umwangavu aba afite ibyago byo kukigira nawe.
Ibikikije umuntu
Ibitubaho nabyo bigira uruhare ku buzima bwo mu mutwe ku ingimbi n’abangavu. Ibikorwa bihunganya, harimo kwegera urupfu, guhoterwa bishobora kongera ibyo byo kugira ibibazo byo mu mutwe mu ngimbi n’abangavu.
Umujagararo(Stress)
Stress nayo ishobora kuba impamvu iganish ku ndwara zo mu mutwe. Niba ingimbi cyangwa umwangavu atotezwa ku ishuri cyangwa akishyiraho igitutu cyo gutsinda cyane mu ishuri, aba ari mu byago byo kundwara indwara zo mu mutwe.

Uko indwara zo mu mutwe zihagaze mu ngimbi n’abangavu
Ikigo gihinzwe ubuzima bwo mu mutwe cyerekana ko 49.5% by’ ingimbi n’ abangavu bazagira ibibazo ku rugo runaka hagati y’imyaka 13 na 18. Indwara zigaragara akenshi mu ingimbi n’ abangavu ni:
ADHD
Mood Disorders
Major Depression (Agahinda gakabije)
Conduct Disorder (imyitwarire iganisha ku byaha bihanwa n’amategeko)
Anxiety Disorders (Indwara y’ icyoba)
Panic Disorder (Indwara iranga no kubura umutuzo)
Eating Disorders (Indwara z’imyitwarire idakwiye mu gufungura)
Psychosis
Ububata ku biyobyabwenge n’inzoga.
Ibimenyetso mpuruza by’ uburwayi bwo mu mutwe ku ngimbi n’ abangavu
Biragoye kumenya neza itandukaniro riri hagati y’uburwayi bwo mu mutwe bwatewe n’ imihindagurikire y’ imisemburo, igihe umwana agezemo gutandukanye n’ amarangamutima asanzwe. Ariko ni byiza kureba neza, wabona niba hari impinduka zituma ingimbi cyangwa umwangavu adakora neza, aho ntago biba bisanzwe.
Uburwayi bwo mu mutwe bugaragara mu buryo butandukanye, ku bantu batandukanye. Bimwe mu bimenyetso mpuruza by’ uburwayi bwo mu mutwe mu ngimbi n’ abangavu, harimo:
Imihindagurikire y’imisinzirire: ingimbi cyangwa umwangavu avuga ko abura ibitotsi cyangwa akajya asinzira mu ishu. Kumva adafite ubushake bwo kuva mu buriri, cyangwa agakesha ijoro ryose adasinziriye ni ikimenyetso gikomeye.
Gutakaza inyungu mubikorwa yakundaga: niba ingimbi cyangwa umwangavu atajya mu bintu yakundaga, cyanga se ntashishikarire kuguma hamwe n’inshuti,ashobora kuba afite ikibazo.
Ibibazo mu masomo: ibibazo byo mu mutwe akenshi bituma habaho impinduka ku bwira bwo gukora neza mu ishuri. Niba umwana wawe nta bushake afite bwo gukora imikoro, cyangwa amanota agasubira inyuma mu mitsindire, bishobora kuba ari ikimenyetso ko afite ikibazo.
Impinduka mu biro n’ imirire: kwanga kurya, gusigaza ibiryo cyangwa impindula zihuse mu biro bishobora kuba ikimenyetzo cy’ indarwara z’imyitarire mu gufungura. Bishobora no kuba ikimenyetso cy’ agahinda gakabije.
Kwiheba bikabije: Kugira umujinya, kuganya n’ umushiha ku rugero rudasanzwe ni ibimenyetso by’ uburwayi bwo mu mutwe.
Kwigunga: kuba yifuza kuba wenyine no kugira ibanga bikabije bishobora kuba ikimenyetso cy indwara zo mu mutwe.
Tuza niba ubonye ibimenyetso mpuruza
Indwara zo mu mutwe ziravurwa zigakira. Ikibazo cyose yagira ntibisobanuye ko “yasaze”. Ahubwo bivuze ko ibyo bimenyetso ari ibyo kwitondera. Nkuko ingimbi n’ abangavu bagira ibibazo by’ umubiri nka Asima cyangwa ibiheri, niko n’abandi bagira ibibazo byo mu mutwe nka Obsessive Compulsive Disorder (aho umuntu atwarwa n’imigenzo) cyangwa Bipolar Disorder (Imihindagurikire mu marangamutima)
Tuza, ariko ugire icyo ukora. Aho kugira ngo umare ukwezi kose uhangayikira ikibazo, iyemeze kumenya niba umwana wawe yakungukira ku buvuzi yahabwa.
Vugana n’ ingimbi cg Umwangavu ku mpungenge zawe
Kuvuga ibyo ubona kubuzima bwo mu mutwe bw’iyo ngimbi cyangwa umawangavu bishobora kugorana ubwa mbere. Ariko, ni iby’ingenzi kuvuga ibyo umubonaho
Geraregeza umutege amatwi wumve neza uko abivuga. Witonde kandi ntukoreshe amagambo amusesereza cyangwa amucira urubanza. urugero “uri umusazi” cyangwa “byose ni amakosa yawe”. Aha hari ingeo z’amagambo ushobora gukoresha:
“Mbona usigaye uhora mu cyumba cyawe wenyine, ntukijya kureba inshuti. Ndumva nabikubaza”
Maze iminsi mbona ukora imikoro yawe utinze. Ndibaza niba muri iyi minsi umerewe neza n’amasomo”
“Uri kuryama cyane kurusha uko bisanzwe; Ndibaza niba hari ikintu kikubangamiye cyangwa kiri gutuma utiyumva nkawe ubawe”
Ntuzatangazwe no kumva ingimbi cyangwa umwangavu akomeje kuvug ko ntakibazo afite cyangwa ukabona agubizanya umushiha. Abenshi muri bo bumva bafite ikimwaro’ isoni, ubwoba cyangwa urujijo baterwa n’ ibimenyetso bafite. Birashoka kandi ko ingimbi cyangwa umwangavu ashobora kuba abonye aho ahera akabivugao. Rimwe na rimwe baba bazi ko baremerewe, ariko batazi neza uko bavuga ingorane bafite